Abarwanyi ba AFC/M23 bavuye mu bice byinshi bya Gurupoma ya Ikobo muri Walikale
Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 batangiye kuva mu bice bitandukanye bya Gurupoma ya Ikobo, iherereye muri Teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD avuga ko iki gikorwa cyatangiye ku wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga 2026, aho aba barwanyi bavuye mu bice bitandukanye byo muri Segiteri ya Wanianga.
Umuyobozi wa Gurupoma ya Ikobo yemeje ko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye mu bice birimo Bukumbirwa, Rusamambu, Kateku na Buleusa, bajyana n'ibikoresho byabo bya gisirikare birimo n'intwaro.
Nk'uko amakuru yakomeje abivuga, aba barwanyi berekeje muri Teritwari za Lubero na Rutshuru, nubwo kugeza ubu AFC/M23 itaratangaza ku mugaragaro impamvu y'uku kuva muri ibi bice.
Hari kandi amakuru avuga ko nyuma y'uko AFC/M23 ihavuye, hagaragaye abantu bitwaje imbunda bakekwa ko bashobora kuba barahawe imyitozo n'iri huriro kugira ngo bakomeze kurinda ibyo bice no guhangana n'imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye Leta ya RDC.
Uku kwimuka kwa AFC/M23 kubaye nyuma y'igihe kirekire Gurupoma ya Ikobo n'ibindi bice bya Teritwari ya Walikale birangwamo imirwano ikomeye, yatumye abaturage benshi bahunga ingo zabo bahunga umutekano muke.
Kugeza ubu, nta tangazo riratangazwa n'inzego za gisirikare cyangwa iza politiki ku ruhande rwa AFC/M23 cyangwa urwa Leta ya RDC, risobanura impamvu y'uku kuva muri ibi bice cyangwa icyerekezo cy'ibizakurikiraho.

Ibitekerezo (0)
Nta gitekerezo cyari cyashyirwaho. Ba uwambere mugutanga igitekerezo!
Duhe igitekerezo