Senateri wavuganiye AFC/M23 kenshi yapfuye “Lindsey Graham ”
Senateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika uhagarariye Leta ya South Carolina, Lindsey Graham, yitabye Imana ku myaka 71 azize uburwayi bwamufashe mu buryo butunguranye, nk'uko byatangajwe n'ibiro bye kuri iki Cyumweru.
Lindsey Graham yari umwe mu banyapolitiki bakomeye bo mu Ishyaka ry'Abarepubulikani ndetse akaba yari no mu bajyanama ba hafi ba Perezida Donald Trump ku bibazo bya politiki n'ububanyi n'amahanga. Yatowe bwa mbere muri Sena ya Amerika mu 2002, atangira manda ye mu 2003, aho yamaze imyaka irenga makumyabiri ayihagarariye.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n'ibiro bye, byatangajwe ko Graham yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Gatandatu azize "uburwayi bwamufashe mu gihe gito kandi butunguranye", mu gihe umuryango we wasabye abantu gukomeza kuwusengera no kuwuba hafi muri ibi bihe by'akababaro.

Amakuru yatangajwe n'inzego z'umutekano agaragaza ko ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, abashinzwe ubutabazi bahamagawe iwe mu gace ka Capitol Hill nyuma y'uko habonetse umuntu wari ufite ikibazo gikomeye cy'umutima. Nyuma y'aho yajyanywe kwa muganga, aza kwitaba Imana.
Urupfu rwa Graham rwabaye nyuma y'iminsi mike avuye mu ruzinduko yagiriye i Kyiv muri Ukraine, aho yari yahuye na Perezida Volodymyr Zelenskyy ku wa Gatanu. Yanari ateganyijwe kugaragara muri gahunda ya NBC News yitwa Meet the Press kuri iki Cyumweru.
Mu buzima bwe bwa politiki, Lindsey Graham yamenyekanye cyane nk'umwe mu Basenateri bagize ijambo rikomeye ku bibazo by'umutekano, ububanyi n'amahanga n'ingengo y'imari ya Leta ya Amerika. Yanabaye Perezida wa Komite ya Sena ishinzwe ingengo y'imari, ndetse yari yitegura kongera kwiyamamariza indi manda mu matora yari ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka.
Uruhare rwe ku bibazo by'Akarere k'Ibiyaga Bigari
Mu Karere k'Afurika y'Ibiyaga Bigari, Senateri Lindsey Graham yari umwe mu banyapolitiki ba Amerika bakurikiranye ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Mu Ukuboza 2025, yashimye icyemezo cy'umutwe wa AFC/M23 cyo kuva mu Mujyi wa Uvira, ariko agaragaza impungenge z'uko uwo mutwe wakomeje kugabwaho ibitero, ashimangira ko hakenewe ibiganiro bya politiki kugira ngo amahoro arambye aboneke.
Yagize ati:
"Nishimiye kubona amakuru avuga ko ingabo za M23 ziri kuva muri Uvira muri RDC. Ariko biranshengura kumva ko izi ngabo ziri kuvamo ziri kugabwaho ibitero. Ni ngombwa ko Amerika ishimangira uruhare rwayo rw'ubuyobozi, igasubiza impande zose ku meza y'ibiganiro."
Yavugaga ko ibiganiro bya politiki ari byo byonyine bishobora kugeza akarere ku mahoro arambye, kandi ko ibyo bihuye n'icyerekezo cya Perezida Donald Trump cyo guteza imbere amahoro n'ubukungu mu Karere k'Ibiyaga Bigari.
Si ubwa mbere Graham yari agaragaje inyungu ku bibazo by'aka karere. Mu 2013, yari umwe mu Basenateri batandatu ba Amerika basuye Akarere k'Ibiyaga Bigari, aho yavuze ko nubwo ingabo z'Umuryango w'Abibumbye zifite uruhare mu kubungabunga amahoro, igisubizo kirambye kizava mu biganiro bya politiki hagati ya RDC n'ibihugu bituranye.
Ku wa 3 Ukuboza 2025 kandi, Senateri Lindsey Graham yari yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, baganira ku gushimangira ubufatanye hagati y'u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nzego zirimo umutekano, ubukungu no kurengera ibidukikije.
Urupfu rwa Graham rusize icyuho muri politiki ya Amerika, by'umwihariko mu banyapolitiki bagiraga uruhare rukomeye mu bibazo by'umutekano n'ububanyi n'amahanga.
Ibitekerezo (0)
Nta gitekerezo cyari cyashyirwaho. Ba uwambere mugutanga igitekerezo!
Duhe igitekerezo