Umunya politiki Agathon Rwasa n’abamwambuye ishyaka bahanganiye mu butabera
Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwatangiye kuburanisha urubanza ruregwamo ubuyobozi bw’ishyaka CNL (Congrès National pour la Liberté), aho umunyapolitiki Agathon Rwasa ushinze iri shyaka asaba ko ubuyobozi bwa Nestor Girukwishaka bwateshwa agaciro, akavuga ko bwashyizweho mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Rwasa, umwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD ndetse wanabaye umwe mu bahatanye bikomeye na Perezida Évariste Ndayishimiye mu matora ya Perezida yabaye mu 2020, yatanze iki kirego muri Mata 2024. Asobanura ko Inteko Rusange yatumye Girukwishaka amusimbura ku buyobozi bwa CNL itemewe n’amategeko.
Girukwishaka n’abo bafatanyije bayoboye CNL nyuma y’Inteko Rusange yabereye mu yahoze ari Intara ya Ngozi ku wa 10 Werurwe 2024.
Mbere y’iyo nteko, Minisiteri y’Umutekano yari yabujije Rwasa kuyitumiza, ivuga ko byatewe n’amakimbirane yari amaze igihe avugwa muri iri shyaka, aho bamwe mu bayoboke baryo bashakaga kumuvanaho.
Rwasa avuga ko bitumvikana uburyo iyo Minisiteri yaje kwemerera Girukwishaka n’abo bari kumwe gukoresha iyo Nteko Rusange kandi ibibazo byari bitarakemuka, akemeza ko imyanzuro yafatiwemo idakurikije amategeko.
Uyu munyapolitiki akomeza gushimangira ko ari we muyobozi wemewe wa CNL, mu gihe Leta y’u Burundi yo yemera Nestor Girukwishaka nk’umuyobozi watowe n’Inteko Rusange y’ishyaka. Iki kibazo cyatumye Rwasa atabasha kwitabira amatora y’abadepite aheruka.
Urubanza rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 16 Nyakanga 2026, ariko Nestor Girukwishaka ntiyagaragaye mu rukiko, ibintu byakuruye impaka mu bakurikiranaga uru rubanza.
Abajijwe impamvu mugenzi we atitabye urukiko, Rwasa yagize ati: "Impamvu urundi ruhande rutitabye ni uko ntacyo bafite bavuga. Nubwo ibikomoka kuri peteroli ari bike mu gihugu, ntibari kubura icyo kugera hano."
Urubanza rwitabiriwe n’abaturage benshi bari bateraniye ku Rukiko rw’Ikirenga i Bujumbura, barimo abagaragazaga ko bashyigikiye Agathon Rwasa nk’umuyobozi wa CNL.
Mu gihe u Burundi bukomeje kwitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027, Rwasa yavuze ko aramutse atsindiye uru rubanza yakongera kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, ahanganye n’abarimo Perezida Évariste Ndayishimiye.
Yavuze ko afite icyizere cyo gutsinda, agaragaza ko Abarundi bamaze kumenya ibibazo igihugu gifite ndetse n’intege nke z’abifuza kongera kuyobora.
Yagize ati: "Ibyo tuzabwira Abarundi turabifite. Ibibazo byugarije Abarundi turabizi. None twatinya iki? N’abamaze kuvuga ko baziyamamaza nta n'umwe wadutera ubwoba. Abarundi barabazi bihagije."
Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwatangaje ko ruzafata icyemezo kuri uru rubanza bitarenze muri Nzeri 2026, nk’uko biteganywa n’amategeko. Icyemezo kizafatwa gishobora kugira ingaruka zikomeye ku isura ya politiki y’u Burundi, cyane cyane mu gihe igihugu cyitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2027.

Ibitekerezo (0)
Nta gitekerezo cyari cyashyirwaho. Ba uwambere mugutanga igitekerezo!
Duhe igitekerezo