Congo: Abasirikare b’u Burundi banze gusubira ku rugamba kubera drone za AFC/M23
Ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bwa gisirikare mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ziherutse guhura n’ibihe bikomeye mu mirwano yabereye muri Komini Minembwe n’utundi duce tuyikikije mu ntangiriro za Nyakanga 2026, aho zavuye mu birindiro byinshi zari zigenzura nyuma y’ibitero bikomeye zagabweho.
Iyi mirwano yabaye mu buryo butandukanye n’iyabanje kubera muri ako karere, kuko ku nshuro ya mbere umutwe wa MRDP-Twirwaneho wafatanyije n’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 mu bitero byibasiriye ihuriro rigizwe n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC), ingabo z’u Burundi (FDNB), abarwanyi ba Wazalendo n’umutwe wa FDLR.
Mu butumwa bwatanzwe tariki ya 4 Nyakanga 2026, Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Dr. Freddy Kaniki, yatangaje ko abarwanyi b’uwo mutwe bafatanyije na AFC/M23 bafashe uduce dutandukanye turimo Point-Zéro, Kalingi, Mikenke, Gakenke, Kalongi, Ilundu na Rwitsankuku, avuga ko ingabo za Leta n’abo bafatanyaga zahunze ibyo birindiro.
Yagize ati: "Uyu munsi abicanyi ruharwa ari bo FARDC, FDNB, FDLR, Wazalendo n’abacanshuro barashwe, birukanwa mu bice bari bamaze iminsi barigaruriye."
Amakuru ava mu bice by’imirwano agaragaza ko AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho bakoresheje cyane indege zitagira abapilote (drones), zagize uruhare rukomeye mu mikoranire yabo ya gisirikare.
Bivugwa ko zimwe muri izo drones zagabye ibitero byageze no mu Mujyi wa Baraka, muri Teritwari ya Fizi, aho amakuru avuga ko hangirikiye kajugujugu ebyiri z’ingabo za RDC.
Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Pacifique Nininahazwe, yatangaje ko amakuru yakuye ku basirikare b’u Burundi bari ku rugamba avuga ko hari ibirindiro byinshi basize batabanje kugabwaho ibitero, kubera ubwoba bw’ibitero bya drones.
Yagize ati: "Ni bo ubwabo babivuze. Bavuze bati, ‘Twebwe twavuyeyo twiruka. N’ibirindiro bitari byafashwe na M23, bitanatewe, twarabivuyemo turahunga.’"
Nininahazwe yavuze ko nyuma yo kugera i Baraka, abo basirikare basabwe gusubira mu birindiro bimwe na bimwe bitari byarafashwe na AFC/M23 na Twirwaneho, ariko bakavuga ko batazongera kujya ku rugamba batabanje guhabwa uburyo bwo guhangana na drones.
Yagize ati: "Kugira ngo bemere gusubira muri ibyo birindiro bari bataye bitanatewe, habanje kubemererwa ko batazongera koherezwa ku rugamba badashoboye guhanura drone."
Yakomeje avuga ko abo basirikare bagaragaje impungenge zikomeye kuri drone yo mu bwoko bwa CH-4, bavuga ko ari yo yabateje igihombo kinini mu mirwano.
Ati: "Hari drone bavuga ko ibabangamiye ku rugero bavuga bati, ‘Naho mwagira mute, iyo drone igihari, twebwe ntituzongera kwemera kujya ku rugamba.’"
Nk'uko Nininahazwe yakomeje abivuga, bamwe mu basirikare b’u Burundi bamubwiye ko izo drones zabateraga igihe icyo ari cyo cyose, zikabageraho aho bihishe hose, bigatuma benshi bicwa cyangwa bagahitamo guhunga kugira ngo barokoke.
Yavuze kandi ko nyuma y’igihe, abasirikare b’u Burundi bongeye gusubira muri bimwe mu birindiro bitari byarafashwe n’abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho. Gusa ngo nubwo Batayo ya 33 yari yaragose yahawe inzira yo kuva aho yari iri, benshi muri abo basirikare bagaragaje ko batifuza kongera koherezwa ku rugamba mu gihe ikibazo cy’izo drones kitarabonerwa umuti.
Iyi mirwano ikomeje kugaragaza uburyo ikoranabuhanga rigezweho, cyane cyane ikoreshwa rya drones, rikomeje guhindura imiterere y’intambara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho impande zihanganye zikomeje gushaka uburyo bwo kongera ubushobozi bwazo ku rugamba.

Ibitekerezo (0)
Nta gitekerezo cyari cyashyirwaho. Ba uwambere mugutanga igitekerezo!
Duhe igitekerezo