Karongi: Inkongi y'Umuriro w'amashanyarazi yafashe inzu irakongoka yose
Kumugoroba wo ku cyumweru tariki 23 Kanama 2026 ahagana saa kumi ,mu Karere ka Karongi Umurenge wa Gashari Akagari ka Birambo Umudugudu wa Gashari , habaye inkongi y’umuriro yafashe inzu , itwika inzu nibyari biyirimo byose birakongoka.
Uwizeyimana Appolinaire umuyobozi wungirije w’umurenge (Admin) wa Gashari.
Yatangarije IMENA PRESS RWANDA icyateye iy’inkongi avugako yatewe n’amashanyarazi ariko nyirizina impamvu y’inkongi itaramenyekana . inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro yari inzu yo guturamo ya Mukankwiro Esther ariko yarashaje ,ubu ahagarariwe na Mukagashema Chantal.
Appolinaire mukiganiro twagiranye Yatangaje ko ntamuntu waguye muri iy’inkongi y’umuriro ariko ibikoresho byose byo munzu byahiye ntanakimwe cyasigaye uretse nabyo n’inzu yahiye yose , avuga ko bazimije iy’inkongi murwego rwo kurinda inzu ziyegereye ngo zitagerwaho nayo kuko indi yo yari yamaze gufatwa yose.
Ubuyobozi bw’umurenge bwasabye abaturage batuye muri aka gace inkongi yabereyemo kuba bacumbikiye umupangayi wakodeshaga iyonzu yafashwe n’inkongi.
Yasoje asaba abaturage kwirinda gucomeka ibikoresho byose babonye ndetse no gutangira amakuru ku gihe, murwego rwo kwirinda impanuko za hato na hato zikomoka kumashanyarazi.


Ibitekerezo (0)
Nta gitekerezo cyari cyashyirwaho. Ba uwambere mugutanga igitekerezo!
Duhe igitekerezo